Muri iki gihe hari umubare munini w’abashaka akazi ninako abatekamutwe bakomeje gushakisha amayeri yo kwiba mu buryo butandukanye bakoresheje ikoranabuhanga. Bumwe mu buryo bifashisha ni ugukoresha imbuga z’akazi kuko baziko zikoreshwa na benshi.
Nubwo dukora ibishoboka byose nka Ndangira ngo dushyireho imyanya y’akazi yizewe, ariko sitwabizeza byuzuye ko abatekamutwe bataduca mu rihumye. Ni muri urwo rwego dusaba abantu bose bakoresha uru rubuga ko bakwirinda umuntu uwo ari wese ubasaba amafaranga abizeza akazi. Turabasaba kandi ko igihe bibaye, mwajya muduha amakuru kuri email yacu ariyo felix@ndangira.net hanyuma tugakurikirana neza ikibazo uko kimeze ndetse tugafata n’ingamba zikwiye.
Bimwe mu bimenyetso byerekana imyanya y’akazi y’abatekamutwe
• Baba bifuza ko wabaha amafaranga kugirango ubashe kubona akazi